Ni ibirori byabereye muri M Hotel kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Ukuboza.
Mu bitabiriye harimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Sandrine Umutoni, wagaragaje ko yishimiye ugushyira hamwe kw’abakora sinema.
Yashimiye abahanzi n’abakora muri sinema, abafatanyabikorwa mu nganda ndangamuco n’abahagarariye inzego zigenga. Yashimiye ubuyobozi bwa Canal+ na ZACU Entertainment.
Ati “Ni ishema rikomeye kuba ndi kumwe namwe kuri iyi nshuro ya kabiri ya Zacu Gala, ibirori biha agaciro ubuhanzi nyarwanda n’iterambere ry’uruganda rwa sinema mu gihugu cyacu [...] Ndizera ko urugendo rwanyu mu gihugu cy’imisozi igihumbi ruzabatera ubushake bwo kugaruka kenshi.”
Misago Nelly Wilson washinze Zacu TV yavuze ko uruganda rwa sinema mu Rwanda rugeze ahantu ho kwishimira, ko imbogamizi igihari ari ubushobozi bukiri buke ndetse nta n’amashuri ya sinema ari mu Rwanda.
Yavuze ko kuri iyi nshuro ibi birori byari bitandukanye n’ibyabanje. Ati “Ubushize twatumiye abantu twakoranye nabo nka Zacu, ariko ubu twashakaga ubufatanye hagati y’abahanzi, abo muri sinema n’abayobozi. Twatumiye abantu bashobora kuzahura uruganda rukazamuka. Ibaze nka filime irimo The Ben na Knowless?”
Muri ibi birori hajemo ibyamare birimo The Ben, Knowless, Bamenya, Kabano Franco n’abandi batandukanye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!