Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, DJ Spinny yavuze ko bahisemo guhindura amatariki kubera ko umushyitsi bifuza kuzana ari bwo azaba aboneka.
Ati “Dufite umushyitsi twifuza ko azasusurutsa abazitabira iki gitaramo ariko yatubwiye ko umunsi yaboneka ari uriya. Ni yo mpamvu twahisemo guhindura tubishyira ku wa 18 Nyakanga 2026.”
Nubwo yakomoje ku mushyitsi azaba afite mu gitaramo cye, DJ Spinny yavuze ko atahita amutangaza kuko hari ibyo bakiri kurangiza icyakora ashimangira ko mu minsi iri imbere nta kabuza abantu bazamumenya.
Ni ku nshuro ya kabiri DJ Spinny azaba ateguye iki gitaramo kuko icya mbere yagikoze mu 2025 ubwo yizihizaga imyaka icumi amaze mu muziki, icyo gihe akaba yaragikoreye muri Uganda ndetse no mu Rwanda.
Ubushize ubwo yataramiraga i Kigali yari yatumiye abantu batandukanye barimo Blue Aiva wo muri Afurika y’Epfo, Sheilah Gashumba wo muri Uganda n’abandi banyuranye.
Uretse abatumiwe gususurutsa abakunzi b’umuziki, abandi bitabiriye iki gitaramo biganjemo ibyamamare nka Uwicyeza Pamella umugore wa The Ben, Massamba Intore, Alex Muhangi, Kenny Sol, Element EleeeH n’abandi banyuranye.
Nubwo imvura isa n’iyabavangiye ariko cyari igitaramo ubona ko giteguye neza ndetse ubwitabire buri hejuru muri Zaria Court aho cyabereye.
DJ Spinny amaze kubaka izina mu bijyanye no kuvanga imiziki muri Uganda, akaba na nyir’akabyiniro kitwa Mezo Noir kari mu tugezweho mu Mujyi wa Kampala.
Yavukiye i Kigali, akaba yaratangiye kwiyumvamo impano yo kuvanga imiziki mu 2010 akiri mu mashuri yisumbuye muri Lycée de Kigali (LDK).



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!