Iki gitaramo cyari cyatumiwemo abarimo The Ben na Diamond, Eric Omondi ndetse n’abandi bahanzi bakomeye muri Uganda nka Spice Diana, Lydia Jazmine, Winnie Nwangi, Fik Fameica n’abandi benshi.
Icyakora bijyanye n’icyorezo cya ‘Ebola’ cyamaze kwinjira muri Uganda, Minisiteri y’ubuzima muri iki gihugu yahagaritse ibikorwa bihuza abantu birimo n’ibitaramo kugeza igihe bazongera gusohorera irindi tangazo.
Nubwo ku rundi ruhande ibitaramo byahagaritswe, benshi mu bakunzi b’umuziki bategereje igitangaza cyabaho wenda Alex Muhangi akaba yasaba ko cyashyirirwaho amabwiriza akomeye yo kwirinda ‘Ebola’ ariko bagatarama.
Benshi mu bakunzi b’umuziki bategereje icyemezo cya Alex Muhangi usanzwe ategura ibitaramo bya ‘Comedy store’, cyane ko ariwe ugomba kwemeza ko bisubitswe cyangwa yakomorewe akaba yagikora mu buryo bwo kwirinda ‘Ebola’.
Uretse kuba Leta ya Uganda yahagarika iki gitaramo hari n’abakomeje kwibaza niba aba bahanzi bafata icyemezo cyo kwerekeza muri iki gihugu cyugarijwe n’icyorezo cya ‘Ebola’.
Ku rundi ruhande The Ben akomeje imyiteguro y’ibitaramo byo kuzenguruka u Rwanda yatumiwemo na Bruce Melodie byitezwe ko bizatangirira i Musanze ku wa 13 Kamena 2026, i Nyagatare ku wa 20 Kamena 2026, Bugesera ku wa 27 Kamena 2026 bisorezwe i Rubavu ku wa 4 Nyakanga 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!