00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igitaramo cya Kanye West muri Pologne cyahagaritswe

Yanditswe na IGIHE
Kuya 17 April 2026 saa 10:53
Yasuwe :

Imvugo zibasira Abayahudi, gushyigikira Aba-Nazi bashyize mu bikorwa Jenoside yakorewe Abayahudi n’indi myitwarire, byatumye igitaramo Kanye West yari afite muri Pologne gihagarikwa.

Ibihugu byinshi nk’u Bwongereza, u Bufaransa n’ibindi byagaragaje ko bitazemerera uyu muraperi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kubikoreramo ibitaramo kubera ko yakunze kwibasira Abayahudi.

Byari biteganyijwe ko uyu muhanzi uzwi nka Ye, azaririmbira kuri Silesian Stadium yo mu Mujyi wa Chorzów wo mu majyepfo ya Pologne ku wa 19 Kamena. Byari kuba ari ubwa mbere aririmbiye muri iki gihugu mu myaka 15 ishize. Icyakora iki gitaramo cyahagaritswe.

Minisitiri w’Umuco n’Umurage muri Pologne,Marta Cienkowska, yari yavuze ko gutumira West bitakwihanganirwa.

Muri Gashyantare 2025, ni bwo Ye yatangiye kugurisha imipira yariho ikimenyetso cy’Aba-Nazi. Ibi byatumye urubuga rwa Shopify, rucururizwaho ibicuruzwa bitandukanye, rukuraho uburyo bwo kugurisha iyi myenda kuri internet.

Nyuma y’amezi atatu, West yasohoye indirimbo ishimagiza Hitler wayoboye Aba-Nazi. Muri Mutarama 2026 mbere yo gutangaza ibitaramo yagombaga gukorera mu Burayi, West yasabye imbabazi ku bikorwa byibasira Abayahudi byamuranze.

Yagize ati “Sindi Umu-Nazi cyangwa ngo mbe uwibasira Abayahudi. Nkunda Abayahudi.”

Icyakora ibyo ntibyahawe agaciro kuko ibitaramo bye byaramaganwe karahava, birangira hafi ya byose bisubitswe.

Gushyigikira ibimenyetso by’Aba-Nazi muri Pologne ni icyaha gishobora gutuma uwagihamijwe afungwa imyaka itatu.

Igitaramo cya Kanye West muri Pologne cyahagaritswe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages