00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyatunguye umunyarwenya Prof. Hamo ku Rwanda yataramiyemo bwa mbere

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 29 May 2026 saa 02:17
Yasuwe :

Umunyarwenya Prof. Hamo wishimiye iterambere ry’u Rwanda yataramiyemo bwa mbere, yavuze ko aho kugira ngo Igihugu cye gifate intumbero yo kumera nka Singapore bakabaye batekereza nko kuba u Rwanda.

Ibi Prof. Hamo yabigarutseho mu gitaramo Gen-Z Comedy yitabiriye mu ijoro ryo ku wa 28 Gicurasi 2026.

Mu rwenya rwinshi yateye, Prof. Hamo yavuze ko yishimiye iterambere ry’u Rwanda anaboneraho gushimira ubuyobozi bwarwo.

Ati “Muri abanyamugisha, u Rwanda ni Igihugu cyiza. Kenya ubu iri mu murongo wo gushaka kumera nka Singapore ariko ubundi twakabaye ahubwo dushaka kumera nk’u Rwanda.”

Uretse iterambere, uyu munyarwenya yavuze ko yishimiye uburyo Umujyi wa Kigali ukeye ndetse n’uburyo abatwara ibinyabiziga bubaha amategeko y’umuhanda bagaha inzira abanyamaguru, ibyo we yise ko bidashoboka iwabo.

Uyu munyarwenya ni umwe mu bitabiriye igitaramo abategura Gen-Z Comedy bari bahaye umwihariko wo gushimira Muhinde, umunyarwenya uherutse gusoza amasomo y’icyiciro cya mbere cya Kaminuza.

Muri iki gitaramo, Mike Kayihura yari yatumiwe kuganiriza urubyiruko rwacyitabiriye mu gihe ku rundi ruhande yananyuzagamo akaririmbira abakunda umuziki we zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe.

Mbere yo kuva ku rubyiniro amaze kuganiriza abitabiriye iki gitararamo, Mike Kayihura yabaririmbiye indirimbo ye nshya iri mu zikunzwe cyane yise ‘Come on’.

Ish Kevin na Bushali na bo bari batumiwe muri iki gitaramo bagize umwanya wo kuririmbana indirimbo yabo ‘Kibasumba’ iri mu zigezweho muri iyi minsi batanga ibyishimo ku bakunzi b’umuziki bari bakoraniye muri iki gitaramo.

Mu bandi bashimishije abitabiriye iki gitaramo harimo abanyarwenya bo muri Gen-Z Comedy nka Pilote, MC Kandii na Musa, Dudu, Inkirigito Clement n’abandi banyuranye.

Bijyanye nuko wari umunsi we wihariye, Muhinde yahawe umwanya uhagije wo gususurutsa abari bitabiriye iki gitaramo mu rwenya rwinshi rwamaze iminota igera kuri 30 ari ku rubyiniro.

Agihinguka ku rubyiniro, Muhinde ukunze gutera urwenya na we ubwe yiserereza ku ndeshyo ye, yishimiwe cyane bitewe n’uko yinjiye ari mu kamodoka k’agakinisho k’abana.

Ni umusore wahingutse ahaberaga iki gitaramo arinzwe n’umusore ufite ubumuga bw’ubugufi bukabije byose bikarushaho gusetsa abari bitabiriye iki gitaramo.

MC Kandii na Musa bashimishije abakunzi b'urwenya muri Gen-Z Comedy
Inkirigito Clement ni umwe mu banyarwenya bakunzwe muri Gen-Z Comedy
Gen-Z Comedy ni ibitaramo byitabirwa ku rwego rwo hejuru
Gen-Z Comedy yitabirwa n'abo mu myaka itandukanye, si urubyiruko gusa
Pilote uri mu banyarwenya babarizwa muri Gen-Z Comedy ari mu banyarwenya bakunzwe cyane
Dudu usanzwe ari umufana wa Mike Kayihura yageze hagati mu gitaramo amusaba ko yakwigira imbere bagafatana ifoto y'urwibutso
Itorero ry'Umujyi wa Kigali ryitabiriye igitaramo cya Gen-Z Comedy mu rwego rwo gutumira urubyiruko muri 'Kigali dutarame'
Mike Kayihura yaganirije urubyiruko rwitabiriye iki gitaramo
Muhinde ni uku yahingutse muri Gen-Z Comedy
Muhinde yageze hagati ahamagara Mike Kayihura ngo bafatane ifoto y'urwibutso
Prof. Hamo wo muri Kenya yishimiwe bikomeye muri Gen-Z Comedy
Prof. Hamo yari inshuro ye ya mbere ataramira mu Rwanda
Ish Kevin na Bushali bataramiye abakunzi babo muri Gen-Z Comedy
Ish Kevin na Bushali baririmbye indirimbo 'Kibasumba' bahuriyemo iri mu zigezweho bikomeye

Amafoto: Kwizera Moses


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages