Ibi bitaramo byitezwe ko bizitabirwa n’abahanzi barimo Bushali, Bwiza, Kenny Sol, Ruti Joel, Kivumbi King n’abandi barimo abahanga mu kuvanga imiziki nka DJ Marnaud na Tasha The DJ.
Ibi bitaramo byatewe inkunga n’ikinyobwa cya Amstel byitezwe ko bizatangirira i Huye ku wa 23 Gashyantare 2026, bigakomereza i Rubavu ku wa 25-26 Gashyantare 2026 mu gihe ku wa 27 Gashyantare 2026 bizakomereza i Musanze na ho ku wa 1 Werurwe 2026 bisorezwe i Kigali.
Ibi bitaramo bihuza amagare n’umuziki kuko abakunzi bayo iyo bamaze kuruhuka mu gihe cya nimugoroba baba bifuza ahantu bahurira bagasabana.
Binaba andi mahirwe ku bafatanyabikorwa ba Tour du Rwanda kuko babasha kubona aho bongera gutangira ubutumwa bw’ibikorwa byabo.
Iri rushanwa rizenguruka u Rwanda ku magare riri kuba ku nshuro ya 18 kuva ribaye mpuzamahanga ryatangiriye mu Majyaruguru ryerekeza i Burasirazuba kuri uyu wa 22 Gashyantare kugeza ku wa 1 Werurwe 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!