Ibi bitaramo by’urwenya byabaye mu ndimi eshatu ‘Ikinyarwanda, Igifaransa n’Icyongereza, byitabiriwe n’abanyarwenya biganjemo abaturutse hanze y’u Rwanda.
Byatangiriye Norrsken ku wa 17-18 Ukwakira 2025, ahi abakunzi b’urwenya rw’Ikinyarwanda basusurukijwe na Kigingi, Rusine, Muhinde, Joshua, Babu, Herve Kimenyi n’abandi.
Ku wa 23-24 Ukwakira 2025, iri serukiramuco ryakomereje mu rwenya rw’Igifaransa, abarimo Herve Kimenyi, Michael Sengazi, Babou, Bappa Oumar wo muri Guinée na Alain Essogo wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo basusurutsa abantu mu bitaramo bibiri byabereye muri ‘Institut Français du Rwanda’.
Byasorejwe muri Kigali Universe yakiriye bibiri byo mu Cyongereza byatangiye ku wa 30-31 Ukwakira 2025, ababyitabiriye basusurutswa n’abarimo Duga Mutai wo muri Kenya, Cotilda wo muri Uganda, Uncle Mo wo muri Uganda.
Uretse aba banyarwenya baturutse hanze, abo mu Rwanda barimo Nkusi Arthur, Rusine, Michael Sengazi na Babu Joe nabo batanze ibyishimo ku babyitabiriye.
Ni ku nshuro ya kane iri serukiramuco ryaberaga i Kigali, ryari ryatumiwemo abanyarwenya 12 biganjemo abaturutse mu bihugu bitandukanye ariko rikanatanga amahirwe ku bakora uyu mwuga b’imbere mu gihugu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!