Ibi uyu muraperi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE nyuma yo kubona amashusho y’umwe mu bakoresha umuyoboro wa YouTube wavugaga ko yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB.
Ati “Njye ubu numiwe ntabwo nabeshya, nagiye kubona mbona abantu benshi barampamagaye abandi banyandikira bambaza niba koko bantaye muri yombi, benshi mu nshuti zanjye n’umuryango wanjye bahangayitse kubera umuntu umwe wakwije igihuha. Icyakora kimwe gihari ni uko ntafunze njye ndi amahoro rwose.”
P Fla yavuze ko ibi ari ibitero agabwaho bagamije kwangiza isura ye no gusenya ibyo amaze igihe arwana no kubaka.
Ati “Nyuma y’igihe abantu bafite isura batubonamo, ndi kurwana no kongera kububakamo icyizere, ariko imbaraga nakoresha zose hari ababa bumva ko bakwangiza ibintu by’abandi kugira ngo bo bacuruze amakuru y’ibihuha."
Uyu muraperi uherutse gukorana indirimbo ‘Ubukire n’ubuzima’ na Riderman, yavuze ko muri iyi minsi ikintu kimuhangayikishije ari ugukora umuziki kurusha ikindi icyo aricyo cyose.
P Fla ni umwe mu baraperi bamaze igihe bubatse izina mu muziki w’u Rwanda, uretse kwikorana nk’umuhanzi ku giti cye yananyuze mu matsinda arimo na Tuff Gangz na Empire Mafia Land yashinze.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!