Nubwo The Ben ahamya ko yarushirije Bruce Melodie i Musanze, uyu muhanzi we si ko abifata kuko ahamya ko kiriya gihe byari ukumuha ikaze mu bitaramo bye, ubu noneho ari bwo yajya yakumva uko bimeze.
Ibi aba bahanzi babigarutseho kuri uyu wa 16 Kamena 2026 ubwo bari bahuriye ku cyicaro cya Airtel mu Karere ka Gasabo ahatangarijwe ku mugaragaro ko iyi sosiyete y’itumanaho yinjiye muri ibi bitaramo nk’umuterankunga ariko yanahaye amasezerano Bruce Melodie nka ‘Brand Ambassador’ wayo.
Bruce Melodie wabaye nk’uwemera ko The Ben yamurushirije, yamuteguje kumwishyurira i Nyagatare.
Ati “Buriya i Musanze nakiriye The Ben kugira ngo abanze anywe ku tuzi [...] murabona ndi guseka se? Arakaza neza mu nzira noneho yo kubikora uko bikwiye. Ikindi abantu bari i Nyagatare mwitegure tubazaniye ibintu byiza.”
The Ben we ntiyemeranya na Bruce Melodie kuko ahamya ko i Nyagatare azamukubira inshuro zirindwi ibyo yamukoreye i Musanze.
Ati “Nyagatare, ibyabereye i Musanze ho tuzabikuba inshuro zirindwi. Kandi mugenzi wanjye Bruce Melodie nubwo yavugisha ikindi kintu umunwa ariko mu mutima we azi ukuri.”
Igitaramo gitegerejwe kubera i Nyagatare ku wa 20 Kamena 2026, kizaba kibaye icya kabiri mu bya ‘Summer Country Tour’ aba bahanzi bari guhuriramo na Bwiza ndetse na Kitoko.
Ibi bitaramo byatangiriye i Musanze ku wa 13 Kamena 2026, bizakomereza i Nyagatare ku wa 20 Kamena 2026 mbere y’uko bigera i Bugesera ku wa 27 Kamena 2026. Bizasorerwa i Rubavu ku wa 4 Nyakanga 2026.
Abatazabasha kwitabira ibi bitaramo batekerejweho kuko bazabasha kubikurikira hano.
Amafoto: Kwizera Remy Moses



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!