00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Harmonize na Frida Kajala bongeye kurikoroza

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 30 December 2025 saa 07:38
Yasuwe :

Ikibatsi cy’urukundo cyongeye kugurumana hagati y’umuhanzi Harmonize na Frida Kajala wamamaye muri sinema muri Tanzania, nyuma y’uko mu mezi yashize bari bemeje ko bongeye gusubirana ndetse uyu muhanzi agatungurana agaha impano y’imodoka uyu mugore.

Aba bombi bongeye kurikoroza ku mbuga nkoranyambaga iwabo muri Tanzania nyuma y’amashusho yabo bari ku kirwa cya Zanzibar, aho bivugwa ko Harmonize yari yagiye gutaramira, mu bikorwa by’umwe mu baherwe baho.

Amashusho yagiye agaragaza Harmonize na Kajala bari mu bwato, ndetse bari ahantu handitse amagambo agira ati “Wanyemerera tukazarushinga?”. N’ubwo aya magambo yari yanditse nta yandi makuru arajya hanze gusa ibinyamakuru bimwe biri kuvuga ko Harmonize ari mu mushinga wo gusaba uyu mugore ko babana akaramata.

Mu mpera za 2020 nibwo Harmonize w’imyaka 35 yakundanye na Kajala w’imyaka 43, nyuma yo gutandukana n’Umutaliyani Sarah Michelotti bari barashakanye.

Bwa mbere aba bombi batandukana mu ntangiro za 2021 bari bamaranye amezi abiri, ibi byari biturutse ku myitwarire ya Harmonize wari utangiye gutereta umukobwa w’uyu mubyeyi witwa Paula Kajala ubu washakanye n’umuhanzi Marioo nawe wo muri Tanzania.

Nyuma yo gutakamba cyane asaba imbabazi, uyu muhanzi yasubiranye na Kajala muri Kamena 2022. Ariko uwo mwaka warangiye batagicana ndetse Frida Kajala Masanja agaragaza ukwicuza.

Uyu mubyeyi yari yasibye amafoto yose amugaragaza ari kumwe na Harmonize. Yavuze ko yababajwe no kongera gusubira mu rukundo n’umusore batandukanye. Arangije ati “Njye nk’umugore n’umuntu naremewe gukunda no kubabarira, ariko ubu nkwiriye gusekwa, gushinyagurirwa no gusuzugurwa.”

Uyu mugore uvuga ko yakoze amakosa akomeye yakomeje agira ati “Nakoshereje umuryango wanjye, barumuna banjye, n’inshuti zanjye, burya ikosa ritihanganirwa ni ugusubiramo amakosa wigeze gukora.”

Aba bombi muri Gicurasi uyu mwaka wa 2025, nibwo bongeye gusubirana ndetse Harmonize aha impano y’imodoka yo mu bwoko bwa Range Rover Defender, Frida Kajala.

Harmonize yagaragaye yahuje urugwiro na Kajala
Couple ya Harmonize na Kajala ikunze kuvugisha benshi muri Tanzania
Harmonize na Kajala bongeye kurikoroza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages