00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Halle Berry arambiwe gushimisha umugabo we mu mibonano mpuzabitsina akiyibagirwa

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 24 February 2026 saa 10:46
Yasuwe :

Umukinnyi wa filime muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Halle Berry washakanye na Van Hunt nyuma yo gutandukana na David Justice, Eric Benét na Olivier Martinez, yatangaje ko atazongera kwirengagiza ibyishimo bye bya nyuma kugira ngo ashimishe umugabo we.

Ibi ni bimwe mu byo Halle yatangarije mu kiganiro ‘Sex With Emily’ kinyura ku kinyamakuru E! Online, cyabaye kuri uyu wa 24 Gashyantare 2026,.

Yagize ati “Tugomba kubivuga kigira ngo na we yiyumve neza. Nonese byaba bimaze iki? Uko kwaba ari ugushyira ibyifuzo bye [umugabo] imbere kurusha ibyawe [umugore].

“Sinakongera kubikora ukundi. Ibyo byishimo bya nyuma tugomba kubigeraho twese bityo akamererwa neza.”

Mu by’ukuri uyu mukinnyi wa filime watsindiye igihembo muri Oscars, yavuze ko atazongera kwigira nk’aho yageze ku gasongero k’ibyishimo bya nyuma mu mibonano mpuzabitsina, kugira ngo umugabo bari kuyikorana yishime.

Yakomeje agira ati “Naramubwiye nti, ‘Oya, ni njye uza imbere nk’uko nawe uza imbere kuri wowe. Twese dukwiriye kubigeraho tukumva uburyohe bw’ibyo byishimo bihuriweho, bityo tugahindukira tugasinzira kubera ko tuba tumeze neza.”

“Atari kumwe umwe asinzira akagona, undi akarara areba igisenge yibaza ati ‘ibi ni ibiki?’”

Nubwo avuga ibi byose ariko, urukundo rwe n’umugabo we Van Hunt rumeze neza cyane nk’uko byagaragajwe n’ikinyamakuru E! Online.

Halle Berry na Hunt bari mu rukundo rugeze aharyoshye
Halle Berry yavuze ko atazongera gushimisha abagabo mu buriri yiyibagiwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages