00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru yifatanyije na Bazongere wasoje urugendo Kigali-Musanze n’amaguru

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 3 September 2026 saa 09:59
Yasuwe :

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Mugabowagahunde Maurice yifatanyije na Bazongere Rosine mu rugendo rw’umunsi wa kabiri yakoze n’amaguru ava i Kigali yerekeza i Musanze.

Ni urugendo Bazongere Rosine yasoje kuri uyu wa 3 Nzeri 2026, mu rugendo yatangiriye kwa Nyirangarama aho baraye ku wa 2 Nzeri 2026.

Bazongere wageranye kwa Nyirangarama n’abantu umunani, ni nabo bahagurukanyeyo nyuma yo kwitabira isengesho rya mugitondo bagashimirwa na Sina Gerard nyiri Nyirangarama wanabateye inkunga muri uru rugendo.

Mu rugendo rw’umunsi wa kabiri batangiriye kwa Nyirangarama mu gitondo cyo kuri uyu wa 3 Nzeri 2026 bakarusoreza mu Karere ka Musanze ku mugoroba w’uwo munsi, Bazongere yagiye ashyigikirwa n’abantu banyuranye barimo umuhanzi Bwiza bahuriye mu musozi wa Buranga.

Si Bwiza gusa kuko muri uru rugendo, yanashyigikiwe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Mugabowagahunde Maurice bagendanye kuva mu musozi wa Buranga.

Bazongere wateguye uru rugendo yise ‘Imbaraga Gorilla Walk’, asanzwe yarihebeye siporo ndetse akanategura ingendo zinyuranye akora n’amaguru mu rwego rw’ubukangurambaga ku mpamvu zitandukanye.

Uru rugendo rwatangiye ku wa 2-3 Kanama 2026 rwatangiwemo ubutumwa bwo gukangurira abantu kurinda ibidukikije mu rwego rwo kubaka ejo hazaza heza, ndetse abarwitabiriye bategerejwe mu birori byo Kwita Izina bizabera mu Kinigi mu Karere ka Musanze ku wa 4 Nzeri 2026.

Bazongere yavuze ko ‘Imbaraga Gorilla Walk 2026’ ari urugendo rwo kugenda n’amaguru rugamije guhuza siporo n’imibereho myiza, ubukerarugendo, kubungabunga ibidukikije ndetse no guteza imbere kurengera ingagi n’ibinyabuzima.

Sina Gerard yifatanyije na Bazongere n'itsinda bari kumwe mbere yo gutangira umunsi wa kabiri w'urugendo rwabo
Abakora siporo banyuranye kwa Nyirangarama babanje gutera akabaraga Bazongere n'itsinda bagendanaga
Bwiza yateye ingabo mu bitugu Bazongere n'itsinda bafatanyaga
Bazongere yagendaga aganira na Guverineri ubwo bagereraga umusozi wa Buranga n'amaguru
Guverineri Mugabowagahunde Maurice yazamukanye umusozi na Bazongere Rosine
Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru yifatanyije na Bazongere mu rugendo rwasorejwe i Musanze
Bazongere n'itsinda bakoranye uru rugendo basoje urugendo rw'iminsi ibiri Kigali-Musanze bakoraga n'amaguru

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages