00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Fireman yahuje imbaraga na Symphony mu ndirimbo igaragaza umukobwa utandukanye

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 19 October 2020 saa 08:04
Yasuwe :

Fireman uri mu baraperi bafite izina rikomeye mu Rwanda, yahuje imbaraga na Symphony Band mu ndirimbo nshya bise ‘Ni neza’ ivuga ku mukobwa w’imico myiza n’uburanga ufite itandukaniro n’abandi.

Muri iyi ndirimbo hari aho aba bahanzi baririmba bati “Uyu we ni neza, namugize uwanjye mwe mutabikeka, ntaho mwamuhera, niba mutabizi n’ivi nzaritera.”

Mu bindi bitero aba bahanzi bakomeza bavuga ko uyu mukobwa ari uw’umutima kandi ntawe wagereranywa na we.

Fireman yabwiye IGIHE ko guhimba iyi ndirimbo byaje bya gihanzi, agakorana na Symphony kuko ari abasore b’abanyempano kandi bari kwitwara neza muri iki gihe.

Ati “Ni indirimbo idafite aho ihuriye n’ubuzima bwanjye cyangwa ubw’uwundi muntu uwo ariwe wese. Kuyikora byaje bya gihanzi, ndandika nitabaza Symphony kuko bari kwitwara neza muri iki gihe.”

Fireman yavuze ko imishinga ye myinshi yadindijwe cyane na Coronavirus, ariko ubu abakunzi be akaba agiye gutangiza kubazeza asohora indirimbo adahagarara.

Mu buryo bw’amajwi iyi ndirimbo nshya yakozwe na The Major/Back Stage amashusho afatwa na Bob Chris Raheem.

Fireman aherutse gusinya amasezerano mu nzu ifasha abahanzi yitwa Tacona Music.

Fireman ni umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye mu Rwanda
Symphony Band iri mu matsinda y'umuziki agezweho muri iki gihe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages