Kuri uyu wa 20 Mata 2026 ni bwo ubuyobozi bwa ‘Zacu Entertainment’ bwagiranye na Mizero Yves usanzwe uyitunganya, amasezerano yo gukora ‘season’ ya gatatu y’iyi filime.
Mu kiganiro na IGIHE, Nelly Wilson Misago uhagarariye ‘Zacu Entertainment’ yavuze ko bamaze gushyira umukono ku masezerano yo gukora ‘season’ ya gatatu nyuma yo kubona uko abantu bakunze ibice byabanje.
Ati “Ibice bibiri byasohotse byarakunzwe cyane ku buryo ubu ari imwe muri filime zigezweho mu Rwanda. Ni yo mpamvu twamaze kwiyemeza gutangira gukora igice cya gatatu kizagaragaramo abakinnyi bose bayinyuzemo n’abandi bashobora kongerwamo.”
‘Season’ z’iyi filime zamaze gukorwa uko ari ebyiri zifite ‘Episodes’ 50, buri imwe ifite iminota 26. Yatunganyijwe ku bufatanye bwa Cinedopest ya Mizero Yves ari na we uyiyobora ndetse na Zacu Entertainment.
Mu bakinnyi b’imena bagaragaramo harimo Irakoze Ariane Vanessa ukina yitwa Kate, Shemaryimanzi Dwane Emmy (Tete) ,Iradukunda Nadine (Sasha) na Irakoze Eliane (Olga).
Mu itangwa ry’ibihembo bya ‘Mashariki Awards’, Mizero Yves yabaye umuyobozi mwiza wa filime abikesha iyi filime mu gihe na yo yahembwe nk’iya ‘serie’ nziza y’umwaka.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!