00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Filime ‘Captain America: Brave new world’ igiye kwerekanwa i Kigali

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 11 February 2025 saa 04:44
Yasuwe :

Mu gihe abakunzi ba sinema bategereje ku bwinshi igice cya kane cya filime ‘Captain America’ kizasohoka ku wa 14 Gashyantare 2025, byitezwe ko aba mbere i Kigali bo bazayisogongera ku wa 13 Gashyantare 2025.

Iyi filime ‘Captain America: Brave New World’ ifite umwihariko kuko yayobowe n’umunya-Nigeria Julius Onah umaze kubaka izina muri sinema ya Amerika.

Uyu mugabo w’imyaka 42 yayoboye izindi filime nka ‘The girl is in troube’ yasohotse mu 2015, ‘The Cloverfield paradox’ yasohotse mu 2018, ‘Luce’ yayoboye mu 2019 ndetse na kuri ubu akaba ariwe wayoboye ‘Captain America: Brave New World’.

Iyi filime ifite iminota 118 igiye gusohoka ikurikira ‘Captain Amerika: Civil War’ yasohotse mu 2016 yatwaye arenga miliyoni 180$ izerekanwa bwa mbere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 14 Gashyantare 2025.

Ni filime izerekanwa muri Amerika nyuma y’uko yerekanwe i Kigali nk’uko bigaragara kuri gahunda ya Canal Olympia ahamaze iminsi herekanirwa filime nshya mu Mujyi wa Kigali.

‘Captain America: Brave New World’ igaragaramo abakinnyi nka Anthony Mackie uzaba akina ari Sam Wilson cyangwa se Captain America, Harrison Ford, Seth Rollins, Danny Ramires n’abandi benshi.

Iyi filime yakozwe na Marvel studios mu gihe gahunda zo kuyicuruza zo zizaba zikurikiranwa n’ikigo ‘Walt Disney Studios Motion Pictures’.

Filime ‘Captain America: Brave new world’ ni imwe muri filime nshya zigiye kwerekanwa muri Canal Olympia i Kigali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .