Uyu muhanzi agiye kujya kuri uru rutonde nk’umuhanzi wakoze ibihambaye agitangira umuziki dore ko rusanzwe rujyaho abandi bahanzi b’indashyikirwa. Bizaba muri uyu mwaka aho azaba ari kumwe n’abarimo Queen Latifah, MC Lyte, Gram Parsons na Celia Cruz.
Aba banyacyubahiro batangarijwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu kiganiro American Idol, mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 13 Mata 2026.
Umuririmbyi w’Umwongereza wavukiye muri Nigeria, Sade Adu we azahabwa icyubahiro mu cyiciro cyo kugaragaza imyitwarire ihambaye ku rubyiniro.
Ku rundi ruhande, abanyabigwi nka Shakira, Mariah Carey, Lauryn Hill, New Edition na Pink ntabwo bagize amahirwe yo kwitwara neza mu cyiciro cya nyuma.
Abahanzi basaga 1.200, abanyamateka n’abandi banyamwuga mu ruganda rwa muzika bagize uruhare mu gutora aba banyacyubahiro mu nzira zose zisabwa kugera ku musozo w’amajonjora.
Ibirori byo kubatangaza bizaba ku wa 14 Ugushyingo 2026, i Los Angeles muri ‘Peacock Theatre’ muri Amerika.
Muri uyu mwaka, Fela Kuti yanabaye umunyamuziki wa mbere w’Umunyafurika watsindiye igihembo cya Grammy mu cyiciro cya ‘Lifetime Achievement’.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!