Ubwo yari ahagurutse ku Kibuga cy’indege iwabo muri Kenya, Eric Omondi, yanditse ku mbuga nkoranyambaga ateguza ko yerekeje i Kigali.
Yagize ati “Rwanda, ndi mu nzira! Ejo tuzaca ibintu, muzi uko tubigenza.”
Nta makuru arambuye yatangajwe ku byerekeye urugendo rwa Omondi i Kigali n’ibikorwa azagaragaramo mu gihe azahamara.
Umwe mu nshuti ze waganiriye na IGIHE, yagize ati “Twavuganye ariko sinzi ngo aje mu biki, nta gitaramo nzi afite rwose. Kibaye kinahari cyaba ari nk’umuntu wamutumiye mu rugo rwe ariko igitaramo rusange cyo ntacyo.”
Yongeyeho ko byanashoboka ko uyu munyarwenya yaba ari i Kigali muri gahunda ze bwite cyangwa izo kuganira ku bijyanye n’ubucuruzi.
Eric Omondi uri kubarizwa i Kigali yahishuye ko ku wa Gatandatu tariki 2 Mata 2022 azataramira muri Kenya, aho azifatanya na mugenzi we Daniel Ndambuki waryubatse nka Churchill.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!