00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Elton John yafashwe n’uburwayi bwo kutabona

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 2 December 2024 saa 11:53
Yasuwe :

Umuhanzi w’Umwongereza w’ikirangirire ku Isi mu njyana ya Rock, Sir Elton Hercules John wamamaye mu muziki nka Elton John, yatangaje ko amaze igihe kinini afashwe n’uburwayi bwo kutabona.

Uyu muhanzi w’imyaka 77 yabigarutseho kuri iki Cyumweru tariki 1 Ukuboza, mu gikorwa cyo gufasha cyabereye mu Mujyi wa Londres, mu Bwongereza hanacurangwa umuziki wo mu bwoko bwa ‘Théâtre’ wiswe “The Devil Wears Prada: The Musical”, yanagize uruhare mu kwandikwa kwawo.

Ati “Nk’uko mushobora kuba mubizi, nagize ibibazo ndetse ubu ntabwo mbona. Ntabwo nigeze mbona abantu banyuze hano ku rubyiniro baririmba, ariko nishimiye kubyumva.”

Nyuma mu mashusho yashyize ku rubuga rwe rwa TikTok, yashimiye umugabo we David Furnish, wamubaye hafi mu bihe bitoroshye arimo.

Muri Nzeri nibwo bwa mbere Elton John yatangaje ko yagize ikibazo cyo kutabona kw’ijisho rimwe ndetse yagaragazaga ko arimo koroherwa.

Mu cyumweru cyashize nabwo aheruka kubwira “Good Morning America”, ko ijisho rye ry’iburyo muri Nyakanga uyu mwaka ryahumye burundu biturutse kibazo yagiriye mu Majyepfo y’u Bufaransa.

Elton John ni umwe mu bahanzi bakomeye ku Isi, yamamaye mu ndirimbo zirimo nka Sacrifice, Nikita n’izindi nyinshi.

Uyu muhanzi w'imyaka 77 avuga ko kureba asigaye abyumva mu mateka nyuma yo kugira ikibazo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .