00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Eddy Kenzo na Minisitiri Nyamutoro babyaye umwana wabo wa kabiri

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 6 May 2026 saa 10:57
Yasuwe :

Nyuma y’imyaka ibiri bemeje inkuru y’urukundo rwabo, Eddy Kenzo n’umugore we, Phiona Nyamutoro bamaze kwibaruka umwana wabo wa kabiri.

Ku wa 5 Gicurasi 2026 nibwo amakuru yamenyekanye ko Eddy Kenzo na Phiona Nyamutoro usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ingufu, bibarutse umwana w’umukobwa akaba uwa kabiri babyaranye nyuma y’uko bari bibarutse umwana w’umuhungu mu 2024.

Mu 2024 nibwo Eddy Kenzo n’umugore we bemeye inkuru y’urukundo rwabo, icyo gihe bakaba ari nabwo bahishuye ko bibarutse umwana wabo wa mbere.

Muri Kamena 2024, Eddy Kenzo yasabye anakwa Nyamutoro mu birori byabereye i Buziga.

Eddy Kenzo yabanye na Nyamutoro nyuma y’uko mu 2019 yatandukanye na Rema Namakula nawe babyaranye. Si uwo gusa kuko hari undi mugore witwa Tracy Nabatanzi wabyaranye na Eddy Kenzo umwana witwa Maya Musuuza.

Eddy Kenzo na Phiona Nyamutoro babyaye umwana wabo wa kabiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages