00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Drake yahombye Miliyoni 730 Frw ku mukino w’iteramakofi wasize Ngannou ari intere

Yanditswe na Daniel Havugarurema
Kuya 9 March 2024 saa 01:20
Yasuwe :

Umuraperi Drake yahombye arenga Miliyoni 730 yateze ku mukino w’iteramakofi wahuje Francis Ngannou na Joshua Anthony mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 8 Werurwe 2024.

Uyu muhanzi abinyujije kuri Instagram, mbere y’umukino yatangaje ko yizeye cyane ko Ngannou ari butsinde Joshua, amutegera ibihumbi 615$ byagombaga kunguka Miliyoni $1.9.

Drake wari wifitiye icyizere cyinshi, yatunguwe no guhomba ako kayabo, nyuma y’aho Joshua atsinze Ngannou bimworoheye cyane, kuko byamusabye igipfunsi kimwe mu gice cya kabiri, yuzuza intsinzi 25 zabonetse kuri knockout.

Uyu mukino wabereye muri Arabie Saoudite kuri uyu wa Gatanu, wasize Ngannou atsinzwe asaba imbabazi abafana be, avuga ko nubwo yatsinzwe uriya mukino, ukurikiryeho azihagararaho.

Umwongereza Anthony Joshua akomeje gukora amateka kuko iyi yabaye intsinzi ya kane yikurikiranya. Gutsinda uyu murwano byamuhesheje miliyoni 50$, mu gihe Ngannou we yacyuye miliyoni 20$.

Si ubwa mbere Drake ahombye yateze ku mikino kuko abafana bamaze kumwitirira umuvuno w’uko abakinnyi bose ahuye nabo, atuma batsindwa.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka uyu muhanzi uri mu bakunzwe ku Isi, yahombye arenga Miliyoni 700 Frw ku mukino wahuje Sean Strickland na Dricus Du Plessis, nyuma y’aho mu mpera za 2023 yari yahombye arenga Miliyari 1 Frw ku mukino wahuje Israel Adesanya na Sean Strickland.

Reba umukino wasize Ngannou ari intere


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages