00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dosiye ya Shema Fabrice wa FERWAFA yagejejwe mu Bushinjacyaha

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 19 August 2026 saa 01:48
Yasuwe :

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko dosiye ya Shema Fabrice usanzwe ari Umuyobozi wa FERWAFA yagejejwe mu Bushinjacyaha ku wa 18 Kanama 2026.

Ni amakuru Dr. Murangira yemereye IGIHE, ahamya ko nubwo iperereza rigikomeje, Shema Fabrice akurikiranyweho icyaha cyo gutanga sheke itazigamiye.

Ati “Dosiye ye yoherejwe mu Bushinjacyaha, nubwo iperereza rigikomeje ariko akurikiranyweho icyaha cyo gutanga sheke itazigamiye.”

Ku wa 11 Kanama 2026 nibwo RIB yataye muri yombi Shema Fabrice.

Shema wahise ajyanwa gufungirwa kuri sitasiyo ya RIB ya Kicukiro, yinjiye muri FERWAFA ku wa 30 Kanama 2025, nyuma yo gutorerwa mu Nteko Rusange isanzwe hamwe n’abagize komite nyobozi ayoboye, aho bose hamwe biyise “Dream Team”.

Nyuma y’igihe gito yari amaze ku buyobozi, uyu mugabo wavuye muri AS Kigali yabereye Perezida wayo, yagaragazaga icyerekezo cy’impinduka uhereye muri ruhago y’abagore, iy’abakiri bato, kubaka ibikorwaremezo n’ibindi.

Shema Fabrice yamaze imyaka itandatu ari Perezida wa AS Kigali, akaba mu bihe bitandukanye yarayifashije kwegukana ibikombe bitandukanye birimo Igikombe cy’Amahoro cya 2019 n’icya 2022, ndetse n’Igikombe cya Super Cup cya 2022.

Hanze y’umupira w’amaguru, asanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Africa Medical Supplier, gicuruza ibikoresho by’ubuvuzi mu Rwanda.

Dosiye ya Shema Fabrice usanzwe ari umuyobozi wa FERWAFA yagejejwe mu Bushinjacyaha

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages