Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, DJ Spinny yatangaje ko igitaramo ‘Spinny&Friends’ kizabera mu Mujyi wa Kigali ku wa 7 Kanama 2026, icyakora ahamya ko andi makuru azaba ayatangaza mu bihe bizaza.
Umwaka ushize ni bwo DJ Spinny yateguye iki gitaramo ku nshuro ye ya mbere, gihera i Kampala, nyuma yizeza abakunzi be b’i Kigali ko na ho azakihakorera cyane ko nubwo ari umwe mu bavanga imiziki bagezweho muri Uganda, ariko akomoka mu Rwanda.
Byatangiye ari igitaramo cyo kwizihiza imyaka icumi amaze mu muziki, birangira yiyemeje ko kizajya kiba buri mwaka.
Ubushize ubwo yataramiraga i Kigali yari yatumiye abantu batandukanye barimo Blue Aiva wo muri Afurika y’Epfo, Sheilah Gashumba wo muri Uganda n’abandi banyuranye.
Uretse abatumiwe gususurutsa abakunzi b’umuziki, abandi bitabiriye iki gitaramo biganjemo ibyamamare nka Uwicyeza Pamella umugore wa The Ben, Massamba Intore, Alex Muhangi, Kenny Sol, Element EleeeH n’abandi banyuranye.
Nubwo imvura isa n’iyabavangiye ariko cyari igitaramo ubona ko giteguye neza ndetse ubwitabire buri hejuru muri Zaria Court aho cyabereye.
DJ Spinny amaze kubaka izina mu bijyanye no kuvanga imiziki muri Uganda, akaba na nyir’akabyiniro kitwa Mezo Noir kari mu tugezweho mu Mujyi wa Kampala.
Yavukiye i Kigali, akaba yaratangiye kwiyumvamo impano yo kuvanga imiziki mu 2010 akiri mu mashuri yisumbuye muri Lycée de Kigali (LDK).
Reba hano uko igitaramo cy’ubushize cyagenze



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!