00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

DJ Lamper agiye kujya afasha abatishoboye binyuze muri ‘Atmosfera Foundation’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 13 May 2026 saa 02:56
Yasuwe :

Umunyarwanda Eric Lamperti uzwi nka DJ Lamper mu bijyanye no kuvanga imiziki, watangije umuryango w’ubugiraneza wa Atmosfera Foundation, agiye gutangira ibikorwa byo gufasha abatishoboye binyuze mu bitaramo ngarukakwezi ‘Atmosfera’ ategura.

Ibi DJ Lamper yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE. Ati “Maze igihe ntegura ibitaramo Abanyarwanda bakanyitaba, nanjye ndumva nshaka kubitura mfasha abatishoboye mu mafaranga nzajya mba nacuruje mu matike.”

DJ Lamper yavuze ko mu mafaranga y’amatike agiye kujya acuruza azajya afatamo igice runaka akagishyira muri ‘Atmosfera Foundation’ akifashishwa mu gufasha abatishoboye.

Uyu musore uzwi mu bijyanye no kuvanga umuziki, yagarutse kuri ibi mu gihe akomeje imyiteguro y’igitaramo cye ‘Atmosfera’ azakorera kuri ‘Atelier du vin’ ku wa 23 Gicurasi 2026.

Ni igitaramo kizacurangamo abahanga mu kuvanga imiziki baba bayobowe na DJ Lamper nk’uko bisanzwe.

DJ Lamper yatangiye ibyo kuvanga imiziki mu 2014, abihereye mu Butaliyani mu kabyiniro kazwi cyane ‘Latin Club of Milan’.

Mu 2020 ni bwo yimukiye mu Rwanda, mu 2025 aza gutangiza ibitaramo ngarukakwezi yise ‘Atmosfera’, cyane ko mu minsi ishize yizihizaga umwana yari amaze atangiye ibi bitaramo.

DJ Lamper wakuriye mu Butaliyani ari na ho yatangiriye ibyo kuvanga imiziki, avuka kuri se w’Umutaliyani na Nyina w’Umunyarwandakazi.

DJ Lamper asanzwe ategura ibitaramo yise 'Atmosfera' bimaze umwaka
DJ Lamper agiye gutangira gufasha abatishoboye binyuze muri 'Atmosfera Foundation'
Amafaranga yinjira mu bitaramo bya 'Atmosfera' agiye kujya avanwamo ayo gufashisha abatishoboye
Ibitaramo bya Atmosfera ni bimwe mu byitabirwa cyane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages