00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Davido yabaye ahagaritse umuziki

Yanditswe na IGIHE
Kuya 7 May 2026 saa 11:33
Yasuwe :

David Adeleke wamenyekanye mu muziki nka Davido, yatangaje ko amaze igihe adashyira indirimbo nshya hanze kubera ko yahisemo gufata ikiruhuko n’umwanya atagaragara mu bikorwa by’umuziki.

Ibi Davido yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’abafana be yifashishije imbuga nkoranyambaga.

Yakomeje abasaba kutitega indirimbo nshya mu minsi ya vuba kuko ari mu kiruhuko, gusa ashimangira ko hanze hari indirimbo ze nyinshi kandi zikunzwe.

Ati “Muhagarike kumbaza igihe nzasohorera indirimbo nshya, ndi mu kiruhuko cy’umuziki. Ariko nk’uko nabivuze ugiye mu kabyiniro aka kanya, mu ndirimbo 20 bacuranze 10 ziba ari izanjye. Ku bw’ibyo ubu ndi mu kiruhuko cy’umuziki.”

Indirimbo nshya Davido aheruka ni izikubiye kuri album ye yise 5ive, yasohotse mu 2025. Ntiyigeze atangaza igihe iki kiruhuko yafashe kizarangirira.

Davido yatangaje ko yabaye ahagaritse umuziki

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages