Amakuru IGIHE ifite ni uko abareberera inyungu za Davido bamaze iminsi mu biganiro n’umwe mu basanzwe bategura ibitaramo i Kigali ndetse banamaze kumwoherereza amasezerano y’imikoranire ku buryo yabafasha gutegura iki gitaramo.
Nyuma yo kwakira aya masezerano ndetse bakagirana ibiganiro by’imikoranire, barangije impera z’icyumweru gishize bemeranyije ingingo zose ziyagize ndetse byari byitezwe ko ku wa 21 Nyakanga 2025, baba bamaze gushyira umukono ku masezerano.
Davido ushobora gutaramira i Kigali nta gihindutse, ari mu bitaramo nk’ibi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yabitangiriye i Los Angeles ku wa 11 Nyakanga 2025, akazabirangiriza Atlanta ku wa 20 Ugushyingo 2025.
Iyi album Davido ateganya kumurikira i Kigali yasohotse ku wa 18 Mata 2025. Igaragaraho abahanzi nka Chris Brown, Omah Lay, Shensea, Tay C, Dadju n’abandi benshi.
Ni album ya gatanu uyu muhanzi asohoye nyuma ya Oma Baba Olowo yasohotse mu 2012, A Good Time yasohotse mu 2019, A Better Time yasohotse mu 2020 na Timeless yasohotse mu 2023.
Davido aheruka gukorera igitaramo i Kigali mu 2023 mu Isurukiramuco rya Giants of Africa Festival ryabereye muri BK Arena guhera tariki 13 - 19 Kanama 2023.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!