Uyu muhanzi yavuze ko agiye gutanga aya mafaranga nk’umusanzu ngarukamwaka ku gihugu cye, kandi ko amakuru y’uburyo azatangwamo azatangazwa ku wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024.
Ati “Njyewe n’umuryango wanjye, tugiye gutanga miliyoni N300, ku bigo by’imfubyi biherereye mu bice bitandukanye bya Nigeria, nk’umusanzu ngarukamwaka ku gihugu cyanjye. Uburyo azatangwamo ni ejo.”
Si ubwa mbere Davido atanze umusanzu wo gufasha imfubyi, kuko mu 2023 yatanze miliyoni N237, naho mu 2022 agatanga akitanga Miliyoni N250.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!