Nubwo bimaze igihe bivugwa ko uyu musore ari mu rukundo n’iyi nkumi, mu minsi ishize Cyogere yaratunguranye asangiza abamukurikira ifoto ari kumwe n’uyu mukobwa, aca amarenga ko ibyavugwaga ari impamo.
Mu kiganiro ISIBO Radar, Cyogere yemeje ko ari mu rukundo n’uyu mukobwa, ariko asaba ko abanyamakuru ko babaha umwanya kuko mu minsi ya vuba azabatumira mu birori.
Ati “Mwakwihanganye ko atari cyera tukabatumira, ni byo birahari ariko mwihangane tuzabatumira kandi rwose muzaba muhari.”
Ibi uyu musore yongeye kubishimangira mu kiganiro yagiranye na IGIHE, aho yahamije ko hari imyiteguro arimo kandi ko mu minsi ya vuba abantu bazabona amakuru arambuye.
Itsinda rya J-Sha rigizwe n’abakobwa b’impanga Bukuru Jennifer na Butoya Shakira, binjiye mu muziki w’u Rwanda mu mpera z’umwaka wa 2023, basohora indirimbo yabo ya mbere yitwa “Mabukwe”.
Aba bakobwa bize mu Ishuri ry’u Rwanda ry’Umuziki, bamaze igihe bafashwa na Cyogere Edmond mu bijyanye n’ubujyanama mu buhanzi bwabo.
Mu mwaka ushize, ubwo baheruka gushyira hanze indirimbo nshya, basohoye iyitwa “Faya” bakoranye na Kenny Sol ndetse na “Do It” bakoranye na Andy Bumuntu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!