00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Filime ya Clapton Kibonge yerekanywe mu Bufaransa (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 11 September 2026 saa 08:46
Yasuwe :

Clapton Kibonge umaze iminsi i Paris mu Bufaransa, aho yagiye yitabiriye iserukiramuco rya filime ryitwa ‘Off Courts Festival’, yanahakoreye filime yiswe ‘Identity’, yanerekanwe muri iri serukiramuco.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Clapton Kibonge yavuze ko urugendo rwe mu Bufaransa rwari rugamije ibintu bibiri. Icya mbere cyari ukwitabira iri serukiramuco, mu gihe icya kabiri cyari ugukorerayo filime.

Uretse filime ‘Identity’ yakozwe na Clapton Kibonge, undi Munyarwanda witabiriye iri serukiramuco ni Tresor Senga, usanzwe ari umuyobozi wa ‘Mashariki Film Festival’, iri mu maserukiramuco akomeye ya filime mu Rwanda.

Tresor Senga na we yabonye umwanya wo kwerekana filime ye yakoreye mu Mujyi wa Paris mu Bufaransa, yise ‘I Wanna Go Back Home’.

Clapton Kibonge yavuze ko izi filime zakozwe ku bufatanye n’amatsinda y’abanyamwuga bo mu Bufaransa, ndetse ko kugeza ubu zamaze gutunganywa no kwerekanwa muri ‘Off Courts Festival’.

Ati “Ni filime twakoreye ijana ku ijana mu Bufaransa. Zakozwe n’amatsinda abizobereyemo hano, kandi kugeza ubu ni filime zarangiye twerekanye mu iserukiramuco rya ‘Off Courts Festival’.”

Clapton Kibonge na Tresor Senga berekeje mu Bufaransa mu ijoro ryo ku wa 5 rishyira ku wa 6 Nzeri 2026, aho bitabiriye iri serukiramuco ryabereye mu Mujyi wa Paris kuva ku wa 6 kugeza ku wa 11 Nzeri 2026.

Nyuma yo kumurikira iyi filime i Burayi, Clapton Kibonge yavuze ko namara kugaruka i Kigali ari bwo azamenya niba izanererekanwa mu Rwanda.

Uyu munyarwenya n’umukinnyi wa filime ahamya ko urugendo rwo gukorera filime mu Bufaransa no kuyimurikira muri iri serukiramuco rwamuhaye amahirwe yo kunguka ubumenyi n’ubunararibonye bushya mu bijyanye na sinema.

'Identity' ni filime ya Clapton Kibonge yakorewe mu Bufaransa
Clapton Kibonge yafatiye filime ye mu mihanda y'i Paris
Clapton Kibonge yavuze ko uburyo iyi filime yakozwe bwamusigiye amasomo
Filime ya Clapton Kibonge yafashwe n'itsinda ry'abahanga mu Bufaransa
Clapton Kibonge na Tresor Senga bafatanye ifoto y'urwibutso n'itsinda ryabafashije mu ikorwa rya filime zabo zerekanywe muri ‘Off Courts Festival’
Clapton Kibonge ubwo yakurikiranaga uko filime ye yatunganyijwe
Gufata amashusho ya filime ya Clapton Kibonge no kuyatunganya byakozwe mu minsi mike cyane
Ubwo Tresor Senga na Clapton Kibonge berekezaga muri ‘Off Courts Festival’
Identity ya Clapton Kibonge yerekanywe muri ‘Off Courts Festival’
Clapton Kibonge yaganirije abitabiriye ‘Off Courts Festival’ kuri filime ye
‘Off Courts Festival’ ni imwe mu maserukiramuco yitabirwa cyane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages