00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Chris Brown mu byishimo byo kubyara umwana wa kane

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 28 April 2026 saa 09:39
Yasuwe :

Umuhanzi w’Umunyamerika, Chris Brown, ari mu byishimo byo kubyara umwana we wa kane. Uyu mwana w’umuhungu yamubyaranye n’umukunzi we mushya, Jada Wallace.

Jada Wallace yatangaje ko yibarutse mu ijoro rishyira ku wa 27 Mata 2026, binyuze mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, nyuma y’amezi menshi bivugwa cyane ko atwite.

Abafana ba Chris Brown bahise babihuza n’uko uyu muhanzi w’umunyabigwi yagiye ahabugenewe agatanga igitekerezo cyiganjemo utumenyetso tw’imitima.

Byongeye gushimangirwa na nyina wa Chris Brown kuko na we yatanze igitekerezo kiganisha ku buziranenge bw’uyu mwuzukuru we n’uko amwakiriye.

Ati "Amashimwe menshi cyane!!! Gusa ni umuhungu w’intungane. Atanze urukundo iteka ryose".

Chris Brown na Jada Wallace bibarutse uyu mwana mu gihe bari bamaze igihe kinini bakundana ariko barabigize ibanga rikomeye cyane. Ikindi ni uko batari barigeze bagira icyo batangaza na kimwe kuri iyi nda yavutse.

Chris Brown yari asanzwe afite abana batatu bose yabyaye ku bagore batandukanye. Umukobwa witwa Royalty yamubyaranye na Nia Guzman, umuhungu witwa Aeko yamubyaranye na Ammika Harris ndetse n’umukobwa witwa Lovely yabyaranye na Diamond Brown.

Chris Brown asanzwe afite abana batatu
Chris Brown yabyaranye na Jada Wallace

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages