Jada Wallace yatangaje ko yibarutse mu ijoro rishyira ku wa 27 Mata 2026, binyuze mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, nyuma y’amezi menshi bivugwa cyane ko atwite.
Abafana ba Chris Brown bahise babihuza n’uko uyu muhanzi w’umunyabigwi yagiye ahabugenewe agatanga igitekerezo cyiganjemo utumenyetso tw’imitima.
Byongeye gushimangirwa na nyina wa Chris Brown kuko na we yatanze igitekerezo kiganisha ku buziranenge bw’uyu mwuzukuru we n’uko amwakiriye.
Ati "Amashimwe menshi cyane!!! Gusa ni umuhungu w’intungane. Atanze urukundo iteka ryose".
Chris Brown na Jada Wallace bibarutse uyu mwana mu gihe bari bamaze igihe kinini bakundana ariko barabigize ibanga rikomeye cyane. Ikindi ni uko batari barigeze bagira icyo batangaza na kimwe kuri iyi nda yavutse.
Chris Brown yari asanzwe afite abana batatu bose yabyaye ku bagore batandukanye. Umukobwa witwa Royalty yamubyaranye na Nia Guzman, umuhungu witwa Aeko yamubyaranye na Ammika Harris ndetse n’umukobwa witwa Lovely yabyaranye na Diamond Brown.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!