00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuziki wagoye Chiboo kugeza ubwo umutandukanyije n’umuryango

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 July 2026 saa 05:40
Yasuwe :

Chiboo uri mu bahanzi bagezweho muri iyi minsi, yatangaje ko agitangira umuziki yahuye n’imbogamizi zatewe n’uko iwabo batemeraga icyo cyemezo, bikaza no kumuviramo kuva iwabo.

Ibi uyu muhanzi uherutse gusohora indirimbo yise ’No puedo’ yabibwiye IGIHE, avuga ko kwinjira mu muziki byamugoye kuko akomoka mu muryango w’abakijijwe batemeraga ko yakora umuziki usanzwe.

Ati "Byarangoye kuko mu rugo barakijijwe. Kumva ko umwana wabo asutse byari ibintu bikomeye. Ubwa mbere natangiye gusohoka nijoro, nabyukaga Saa Kumi n’Imwe za mu gitondo batarabyuka nkagaruka baryamye."

Uyu musore yavuze ko yamaze igihe abaye muri ubwo buzima, ku buryo ubwo iwabo bamubonaga agarutse yakererewe, bakekaga ko yaba afite ikindi kibazo.

Ati "Hari igihe namaraga icyumweru cyose ari ubwo buzima mbayemo, ngenda Saa Kumi n’Imwe ntazi aho ngiye nkagaruka Saa Tanu. Umunsi wa mbere bambonye, baravuze ngo ’uyu mwana mumusengere, ubanza yarafashwe n’amadayimoni.”

Chiboo yavuze ko yamaze hafi umwaka akora umuziki iwabo batabyemera, kugeza ubwo yafashe icyemezo cyo kuva mu rugo atababwiye.

Ati "Nakoze umuziki nk’umwaka nkiri mu rugo batarumva ko nawukora. Kuhava nabwo naratorotse, biba ngombwa ko mpava ntababwiye."

Yavuze ko uko yakomezaga gutera imbere mu muziki no mu buzima busanzwe, ari na ko umuryango we watangiye kumva neza umwuga yahisemo, uza no kumushyigikira.

Chiboo ari mu bahanzi bamaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda, cyane cyane nyuma yo gusohora indirimbo ’Kale’, yamamaye cyane. Mu minsi ishize kandi yashyize hanze indi ndirimbo yise ’No puedo’, ikomeje kwakirwa neza n’abakunzi b’umuziki.

Chiboo yahishuye uko umuziki watumye atoroka iwabo
Chiboo ni umwe mu bahanzi bagezweho mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages