00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Céline Dion agiye kongera gukora igitaramo

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 24 March 2026 saa 04:34
Yasuwe :

Nyuma y’imyaka myinshi y’uburwayi butamworoheye, Céline Marie Claudette Dion wamenyekanye nka Céline Dion agiye gukorera igitaramo gikomeye mu Mujyi wa Paris mu Bufaransa nkuko byemezwa n’ibinyamakuru binyuranye byandika ku myidagaduro.

Ibinyamakuru by’imyidagaduro ku Isi byamaze kwemeza ko Céline Dion ategerejwe gutaramira i Paris hagati ya Nzeri n’Ukwakira 2026.

Ni ibitaramo Céline Dion yifuza gukorera mu Bufaransa kuko yari yarateguje kuhataramira mu 2020 ubwo yakoraga ibitaramo byo kumvisha abakunzi be album yise ‘Courrage’ icyakora biza guhagarikwa kubera icyorezo cya Covid-19.

Mu gihe yiteguraga gusubukura ibi bitaramo, mu 2022 Céline Dion yafashwe n’uburwayi bwa ‘Stiff Person Syndrome (SPS)’ bwatumye amara igihe ari kwiyitaho.

Byitezwe ko Céline Dion azataramira muri ‘La Défense Arena’ inyubako yakira abantu ibihumbi 40 iherutse kwakira ibyamamare nka Tylor Swift na Kendrick Lamar baheruka gukorera ibitaramo mu Bufaransa.

Céline Dion yaherukaga kugaragara aririmba mu birori byo gufungura imikino ya ‘Olympiques’ yabereye mu Bufaransa mu 2024.

Uyu muhanzi w’imyaka 57 yujuje imyaka irenga 45 ari mu muziki cyane ko yawutangiye mu 1980 ubwo yari afite imyaka 12.

Mu myaka amaze mu muziki, Céline Dion amaze gukora album 15 ziri mu Gifaransa n’izindi 12 ziri mu Cyongereza.

Uyu muhanzi uretse umuziki anakunzwe cyane muri sinema kuko yamenyekanye muri filime zigera kuri 13.

Céline Dion agiye kongera gukora igitaramo
Céline Dion yari amaze igihe yivuza indwara yari yaramuheranye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages