00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bwiza yakoze impanuka yatumye ataririmba i Nyamata

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 27 June 2026 saa 11:58
Yasuwe :

Bwiza wari utegerejwe mu gitaramo ‘Summer Country Tour’ bikarangira atabashije kuhagaragara yasabye imbabazi abafana be ahamya ko yahuye n’ikibazo cy’impanuka yatumye atabasha kugera aho iki gitaramo cyabereye.

Mu gitaramo Summer Country Tour 2026, babanje guhamagara Bwiza ariko hashize iminota myinshi atagaragara ku rubyiniro hahamagarwa undi muhanzi.

Mu butumwa yageneye abakunzi be, Bwiza yavuze ko na we yababajwe bikomeye n’ibyamubayeho kuko atariko yabyifuzaga.

Ati “Mbikuye ku mutima, mbiseguyeho kuba ntabashije kubataramira nk’uko byari biteganyijwe. Ikibabaje ni uko nagize impanuka nkiri mu nzira njya aho igitaramo cyabereye, bituma bidashoboka ko ngera aho nagombaga kuririmbira. Nzi neza ko benshi muri mwe mwari mutegerezanyije uko nari kwitwara kandi byambabaje cyane kuba ntarabashije kubana namwe.”

Bwiza yakomeje ashimira abakunzi be urukundo, inkunga badasiba kumuha anabashimira kuba babashije kumwumva. Ahita abizeza igitaramo cyo kubitura.

Ati “Ndabasezeranya ko nzabibishyura vuba, nkabataramira uko bikwiye. Mbere y’ibyo, ndabasaba gukomeza kwirinda no kugira umutekano. Ntegereje kuzongera kubonana namwe vuba cyane.”

Ku rundi ruhande aya makuru anyuranye n’ibyavugwaga ko uyu mukobwa yaba yanze kubanza ku rubyiniro yufuza gukurikira Kitoko bituma umwanya we upfa ubusa.

Abafana ba Bwiza bari bitwaje ibyapa batashye bimyiza imoso nyuma yo kumubura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages