00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bwiza yakomereje ibiruhuko i Burayi

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 17 December 2024 saa 11:08
Yasuwe :

Nyuma yo kuva mu biruhuko mu bihugu bya Mozambique na Lesotho, Bwiza yakomereje ku Mugabane w’u Burayi, aho yagiye gusura inshuti n’abavandimwe mbere y’uko ataha i Kigali gusoza imirimo ya nyuma ya album ye ya kabiri ateganya gusohora.

Kuva mu mpera z’icyumweru turangije, Bwiza ari kubarizwa ku Mugabane w’u Burayi, aho yerekeje muri gahunda z’ibiruhuko yakomereje mu bihugu nk’u Bubiligi ndetse n’u Bufaransa.

Bwiza yatangiye ibiruhuko nyuma y’urugendo rw’ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival yari asoje ndetse anamaze gushyira hanze indirimbo ye nshya yise ’Best friend’ yakoranye na The Ben.

Mu kiganiro na IGIHE, Uhujimfura Jean Claude ureberera inyungu za Bwiza binyuze muri KIKAC Music abereye umuyobozi, yahamije ko bahaye umwanya uyu mukobwa ajya mu biruhuko nyuma yo kubona akazi kenshi yakoze muri uyu mwaka ataruhuka.

Ati “Kuva umwaka watangira yari mu kazi, muribuka ko yakoze ibikorwa byose byo kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi ataruhuka, yabivuyemo twinjira muri ’MTN Iwacu Muzika Festival’ rero yari akeneye akaruhuko rwose.”

Uyu musore yavuze ko bahisemo guha Bwiza umwanya wo kuruhuka mbere y’uko binjira mu mwaka mushya wa 2025 bateganya gusohoramo album ye ya kabiri.

Bwiza akigera i Burayi yafatiye ifoto kuri 'Tour Eiffel'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .