Uyu muhanzi werekeje i Burayi ku nshuro ye ya mbere yavuze ko afite amatsiko yo gutaramana n’abafana be bashya, kuko ari ubwa mbere agiye kuri uyu mugabane yahoze arota kuzatemberaho.
Ati “Buri muhanzi ziba ari inzozi ze gutaramana n’abakunzi be aho bari hose, i Burayi ho ni ubwa mbere. Biratangaje ukuntu ari ubwa mbere, ariko mfite amatsiko yo gutaramana n’abafana banjye bashya. Buriya iyo uri umuhanzi uba utekereza guhura n’abantu bawe, biganjemo abashya.”
Nubwo agiye i Burayi yitabiriye iki gitaramo, Nel Ngabo yavuze ko azagira n’umwanya wo gutembera gato mu bindi bihugu by’i Burayi, anahamya ko aramutse abonye akandi kazi yagakora, igihe cyose katagira ibyo kamuvangira.
Uyu muhanzi yavuze ko agomba guhita ataha i Kigali, kuko afite akandi kazi mu gitaramo ‘Diamond Platnumz Experience’, ategerejwemo ku wa 29 Kanama 2026. Muri iki gitaramo azahurira n’abarimo Diamond Platnumz, Bruce Melodie, Ish Kevin, Etania wo muri Uganda n’abandi banyuranye.
‘AfrOstrava’ ni iserukiramuco risanzwe rihuriza hamwe abakunzi b’umuziki nyafurika baba muri Repubulika ya Tchèque no mu bindi bihugu by’i Burayi.
Uretse ibitaramo by’umuziki, iri serukiramuco rigizwe n’ibikorwa bitandukanye birimo kumurika umuco nyafurika, imbyino, ibiribwa gakondo n’ibindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!