Ubuyobozi bwa ‘Zacu Entertainment’ bwatangaje ko ibi birori bya ‘Zacu Gala’ bizaba ku wa 18 Ukuboza 2026, ndetse bikazarangwa n’impinduka zirimo kuba n’abafana bazahabwa amahirwe yo kubyitabira.
Umwe mu bantu bo muri Zacu Entertainement wahaye IGIHE aya makuru yagize ati “Wenda ntabwo biratangazwa ariko abafana bazaba bemerewe kwitabira ibi birori, ubusanzwe urabizi ko byitabirwaga n’abantu bo mu ruganda rw’imyidagaduro babaga batumiwe, kuri iyi nshuro bizaba bitandukanye.”
Kuri iyi nshuro abifuza kwitabira ibi birori bazahabwa uburyo bwo kwishyura amafaranga azabahesha ubutumire, icyakora bakazasabwa kuzaba bujuje amategeko n’amabwiriza y’ibi birori.
Uretse iki ubuyobozi bwa Zacu Entertainment burifuza kongera umubare w’ibyamamare batumira ndetse bakongeraho no gushyiraho abahanzi bazasusurutsa abazabyitabira.
Ibi birori byatangiye mu 2024, bikaba byaratangiye bihuza abakinnyi ba sinema bakoranye na ‘Zacu Entertainment’ bishimira uko umwaka wagenze.
Umwaka ushize baje kubyagura batumira ibyamamare byo muri sinema ndetse na bake bo mu muziki mu birori byabereye muri M Hotel ku wa 5 Ukuboza 2025.
Muri uyu mwaka ntabwo haratangazwa aho bizabera icyakora bemeje ko uretse kongera umubare w’ibyamamare bizitabira, hazanategurwa abazasusurutsa abazabyitabira mu gihe n’abakunda imyidagaduro bazabasha kubyitabira bishyuye amafaranga azabahesha ubutumire.
Ushaka kureba uko byari byifashe muri ibi birori biheruka wanyura hano



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!