00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bwa mbere Ben Affleck yavuze kuri gatanya ye na Jennifer Lopez

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 26 March 2025 saa 10:13
Yasuwe :

Ben Affleck yanyomoje amakuru avuga ko amaze iminsi arebana ay’ingwe na Jennifer Lopez baheruka gutandukana, ndetse ahishura ko nubwo atakibana n’uyu muhanzikazi amwubaha kandi ko nta kibi amwifuriza.

Ben Affleck uri mu bakinnyi ba filime bakomeye muri Hollywood, kuva yatandukana n’umuhanzikazi Jennifer Lopez mu mpera z’umwaka wa 2024, yirinze kugira icyo abivugaho.

Ubwo bamaraga gusinya gatanya yabo muri Gashyantare 2025, uyu mugabo yakomeje kuryumaho, mu gihe Lopez atahwemaga kuvuga ku mubano wabo ndetse anamutunga urutoki ko yabaye nyirabayazana w’isenyuka ry’urugo rwabo.

Kuri ubu, Ben yashyize agira icyo abivugaho mu kiganiro yagiranye na GQ Magazine. Yagaragaje ko n’ubwo batandukanye nta rwango bafitanye nk’uko bivugwa.

Ati “Lopez ni umuntu nubaha cyane, ntabwo nshaka kugira icyo mvuga ku cyatumye dutandukana gusa na none ntabwo abantu bakwiye gukomeza gushaka impamvu y’icyadutandukanyije, bashaka impamvu kuri buri kantu kose kaduhuza”.

Ben yakomoje ku byavuzwe ko kimwe mu byo atumvikanagaho na Lopez harimo kuba uyu mugore yarakundaga gushyira hanze ubuzima bwabo.

Ati “Nibyo nkunda kubaho ubuzima butuje, ubuzima bw’ibanga kandi sinkunda ko abantu bamenya ibibera mu rugo rwacu. Ntabwo iyo ngingo twayumvikanagaho”.

Uyu mugabo kandi yananyomoje amakuru yavugaga ko filime mbarankuru Lopez yasohoye yise ‘Greatest Love Story Never Told’ ivuga ku byababayeho. Yavuze ko ibyo iyi filime yerekana ntaho bihuriye n’ukuri.

Ati “Abantu barayirebye bavuga ko biriya ari ibyatubayeho, bakavuga ko yerekanye ibyadutandukanyije. Ntaho bihuriye n’ukuri, abantu ntibari bakwiriye kuyireba ngo batekereze ko bari kureba ibintu bya nyabyo”.

Muri byinshi Ben Affleck yavuze ku mubano we na Lopez, yirinze kuvuga ikintu nyakuri cyabatandukanyije, gusa asaba abantu kudakomeza kuvuga ku mubano wabo cyane ko batazi ukuri.

Ben Affleck watangaje ibi yirinda kuvuga nabi Jennifer Lopez, asanzwe afitanye amateka adasanzwe nawe kuko bakundanye bwa mbere mu 2000 bashwana mu 2004, baza gusubirana mu 2021 banakora ubukwe mu 2022, gusa batandukana mu 2024.

Bwa mbere Ben Affleck yavuze kuri gatanya ye na Jennifer Lopez

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .