Abahanzi b’Abanyarwanda barimo Bruce Melodie, Ishimwe Clement, Bushali, Ariel Wayz, Chris Eazy, Mike Kayihura, Bruce The 1st, Kavutse Olivier n’abandi bakoze mu nganzo basohora indirimbo.
Abahanzi bo hanze y’u Rwanda barimo Juliana Kanyomozi, Wiz Khalifa, Harmonize, Johnny Drille, Sean Paul, Angelique Kidjo na Joshua Baraka na bo ntibasigaye inyuma.
Détail - Bruce Melodie
Bruce Melodie yakoze mu nganzo asohora indirimmbo ye nshya yise Détail. Aratamo ubwiza bw’umukunzi we imbere n’inyuma.
Ntibikunda -Alyn Sano
Alyn Sano wari umaze iminsi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasohoye indirimbo nshya yise ‘Ntibikunda’ yahakoreye anahafatira amashusho yayo.
Isengesho rya Mama – Ishimwe Clement na Nel Ngabo
Indirimbo ‘Isengesho rya Mama’ igamije gushimira mama wa Ishimwe Clement ariko n’ababyeyi b’abagore muri rusange.
Shidomno -Bushali
Shidomno ntabwo ari izina ry’indirimbo ahubwo ni irya EP umuraperi Bushali yashyize hanze, iyi ikaba iriho indirimbo nka Amarira, Umwijima, Ndamutse Mbonye Dough, Ndabura na Zeeee Zeeee.
My Mind – Utah Nice na Chris Eazy
Indirimbo ‘My Mind’ Utah Nice yayifatanyije na Chris Eazy.
Baririmbamo inkuru y’urukundo aho umwe aba asaba umukunzi we kutamujya kure kuko atabasha kubaho atamubona. Yasohotse kuri Audiomack.
Mungu awe nanyi daima- Sarah Sanyu
Sarah Sanyu ubarizwa muri Ambassadors of Christ nyuma yo gutangira urugendo nk’umuhanzi ku giti cye ndetse agahita ateguza album ye ya mbere, akomeje gusohora indirimbo ze nshya zirimo n’iyitwa ‘Mungu awe nanyi daima’ aherutse gusangiza abakunzi be.
Inkindi y’intore- Nyirinkindi
Umuhanzi Nyirinkindi yasohoye indirimbo ye nshya yise ‘Inkindi y’intore’, yakozwe mu buryo bw’amajwi na Bolingo afatanyije n’abarimo Bob Pro.
Keep a smile -Ambassadors of Christ
Korali Ambassadors of Christ yitegura kwizihiza imyaka 30 imaze mu murongo w’ivugabutumwa, yasohoye indirimbo nshya yise ‘Keep a smile’.
Fire - Kavutse Olivier
Fire ni indirimbo Kavutse Olivier, yasubukuriyeho umuziki. Yayifatanyije n’umuhanzi See Muzik ari gufasha ndetse n’Umunya-Nigeria witwa Gaise Baba usanzwe uzwi muri Gospel ya Nigeria.
Bumvikanishamo ukuntu umuziki wo kuramya no guhimbaza imana umaze gutera imbere ndetse abacuranzi bakaba basigaye bawitaho, ibitandukanye na mbere.
Riske - Bruce The 1st
Uyu muhanzi uri mu baraperi aririmbamo ko iyo umuntu akuye amaboko mu mifuka byanze bikunze agira ibyo ageraho mu iterambere kuko nta cy’ubuntu kibaho ku Isi.
Intwaza - Mike Kayihura
Mike Kayihura uri mu bagezweho i Kigali, yasohoye mu buryo bw’amajwi indirimbo zigize EP ye yise Intwaza amaze iminsi amuritse ku mugaragaro.
Ni EP igizwe n’indirimbo esheshatu zirimo ‘Come on’ yari isanzwe iri hanze, kuri ubu akaba yamaze gushyira hanze eshanu icyarimwe. Izi zirimo iyitwa ‘You & me’, ‘Block D’, ‘True story’, ‘Inkuba’ na ‘No body’.
Fine Boy - Mavin
Drake yasohoye album ‘Iceman’
Umuraperi Drake akomeje kugarukwaho cyane mu itangazamakuru kubera album ye nshya yise ‘Iceman’.
Iyi album igizwe n’indirimbo zirimo Make Them Cry, Dust, Whisper My Name, Ran To Atlanta yakoranye na Future na Molly Santana, B’s On The Table yakoranye na 21 Savage na 2 Hard 4 The Radio n’izindi.
Kuri iyi album ye nshya, Drake agaruka ku buzima bwe, ibibazo byo mu ruganda rw’umuziki n’ubushyamirane yagiranye n’abahanzi batandukanye.
Ni album yasohokanye n’izindi album ebyiri yise ‘Habibti’ na ‘Maid of Honour’.
Morocco (remix) - Joshua Baraka, French Montana na Byron Messia
Yazoee - Harmonize
Agolo - Angelique Kidjo
Waste Your Time - Johnny Drille na Jerub
What Is This Love - Johnny Drille
Magnificent/Press Back - Sean Paul
Girl Next Door - MGK na Wiz Khalifa
Oli Mwana Wooha – Juliana Kanyomozi



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!