Burna Boy yashyizwe mu majwi n’abantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga, bamunenga ko gukoresha amafaranga menshi ku bintu bidafite agaciro, aho kuyashora mu bikorwa by’iterambere cyangwa gufasha abatishoboye.
Abamunenga kandi bavuze ko no gutumiza iyo modoka ihenze muri Nigeria bidakwiye, bavuga ko imihanda yo muri icyo gihugu itabera n’imodoka ngufi.
Mu gitaramo cya AfroNation cyabereye muri Portugal mu ijoro ryo ku wa Gatanu, Burna Boy yahise asubiza abamunenga mu ndirimbo (freestyle), agaragaza ko adatewe ikibazo n’ibyo bavuze.
Yagize ati “Naguze Bugatti, barambaza ngo nzayitwara mu wuhe muhanda?”
Mu ntangiriro za Nyakanga 2026 nibwo byatangajwe ko Burna Boy yaguze iyi modoka. Kuva icyo gihe ikomeje kuvugisha abantu kubera igiciro cyayo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!