Ni agahigo uyu muhanzi yaciye binyuze mu gitaramo yahakoreye ku wa Gatandatu.
Iki gitaramo cyitabiriwe n’abasaga ibihumbi 17 kiri mu byo uyu muhanzi yateguye bizenguruka Isi yitiriye akbum ya karindwi yise ‘I Told Them’. Iyi Arena cyabereyemo iherereye mu murwa mukuru Berlin.
Aka gahigo kiyongereye ku tundi uyu muhanzi yihariye turimo ako kuba umuhanzi wa mbere muri Afurika wujuje Stade Citi Field yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yakira abantu ibihumbi 41.
Muri Gicurasi uyu mwaka, Burna Boy yaciye akandi gahigo ko kuba umuhanzi wa mbere w’Umunyafurika wujuje stade y’Umujyi wa London mu Bwongereza, yakira ibihumbi 80.
Burna Boy w’imyaka 32 niwe muhanzi w’Umunyafurika uhatanye mu byiciro byinshi mu bihembo bya Grammy Awards. Ahatanye mu byiciro bine birimo Best African Music Performance, Best Global Music Performance, Best Melodic Rap Performance na Global Music Album.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!