Bazahigana ubutwari ku wa 5 Nyakanga 2026 muri Petit Stade, mu mukino wateguwe na ‘Body Max’. Nubwo buri wese agaragaza icyizere cyo gutsinda, bombi bahamya ko abazawitabira bazataha banyuzwe.
Mu kiganiro cyihariye bagiranye na IGIHE ubwo twabasangaga mu myitozo, buri wese yagaragaje ko yiteguye gutsinda, ndetse amagambo yabo agaragaza ko buri wese yakaniye.
Mama Sava yavuze ko atazita ku kuba Anita Pendo ari we watanze igitekerezo cyo guhurira muri uyu mukino, ahubwo ko icyo yifuza ari ukumutsinda imbere y’abafana be.
Ati “Anita wikururiye icyishi, iki ni cyo gihe cyo gutuma abafana bawe bakwibagirwa burundu. [….] Ndashaka kugukubita ugasezera ku myuga yose wakoraga.”
Anita Pendo na we ntiyatinze gusubiza, agaragaza ko yiteguye kurangiza umukino hakiri kare.
Ati “Ndashaka kuzagukubita n’abafana bawe bakakugaya, kuko uzaba wabatengushye. Mu masegonda make cyane nzaba namaze kugutsinda na ‘knockout’.”
Nubwo ari ubwa mbere aba bagore bagiye gukina umukino w’iteramakofe, bombi bahuriza ku kuba imyitozo bakoze yabatumye bakunda uyu mukino, ndetse bavuga ko bazakomeza kuwukina nibabona andi mahirwe.
Umukino uzabera muri Petit Stade ku wa 5 Nyakanga 2026. Amatike yo kuwitabira ari mu byiciro bitatu birimo aya 2000 Frw, ibihumbi 10 Frw n’ibihumbi 20 Frw.
Uretse umukino uzahuza Anita Pendo na Mama Sava, hateganyijwe n’indi mikino izahuza abakina iteramakofe mu byiciro bitandukanye.
Amafoto: Mukayiranga Yassipi Esther



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!