Ni igitaramo uyu muhanzi n’abari kumufasha kugitegura batekereje nyuma yo kubona ko azataramira mu Iserukiramuco ‘One Love Africa Music’ riteganyijwe kubera muri Suède kuva ku wa 5-7 Nyakanga 2024.
Ni ibitaramo ariko ku rundi ruhande azitabira nyuma yo kuva mu Bwongereza aho azataramira ku wa 25 Gicurasi 2024. Aha azataramana n’abarimo Element Eleeeh basanzwe banakorana muri 1:55AM Ltd.
Ku rundi ruhande ariko DJ Marnaud bazataramana mu Bubiligi we, ahaheruka mu gitaramo cyabaye muri Werurwe 2019.
Iki gitaramo kiri gutegurwa na Team Production imaze kubaka izina mu bijyanye no gutegura ibitaramo, kucyinjiramo bizaba ari Amayero 30 ku bari kugura amatike mbere y’umunsi w’igitaramo n’Amayero 40 ku bazayagurira ku muryango.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!