Mu itangazo ryashyizwe hanze na 1.55 AM ireberera inyungu z’uyu muhanzi, yavuze ko Bruce Melodie azataramira miliyoni zikurikira iki kiganiro gitambuka kuri Televiziyo ABC, afatanyije na Shaggy basubiranyemo indirimbo ‘When she is around’.
Aba bombi bataramanye mu bitaramo bya Jingle Ball mu mijyi ya Dallas na Miami, bazatarama muri iki kiganiro ku wa Mbere tariki 18 Werurwe 2024.
Bruce Melodie abaye umuhanzi nyarwanda wa mbere, utaramye muri iki kiganiro gikorwa n’abanyamakuru Robin Roberts, George Stephanopoulos, Michael Strahan, Lara Spencer na Ginger Zee.
Mu 2022 ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo Nielsen Media Research, bwashyize iki kiganiro ku mwanya wa mbere mu biganiro bitambuka kuri Televiziyo bikunzwe cyane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Bruce Melodie na Shaggy bagiye gutarama muri iki kiganiro, nyuma y’iminsi mike basubiyemo indirimbo ‘Funga Macho’ bayishyira mu Gifaransa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!