Uyu muhanzi yabigarutseho mu kiganiro IGIHE Sports Club. Yahamije ko mu bihe bitandukanye yahuye n’Umukuru w’Igihugu agira ubwoba bwinshi agasesa urumeza.
Yagize ati “N’iyo mwahura ka gihumbi, umubiri uzana urumeza. Njye ntabwo kuvuga byemera mba mwumva gusa ahubwo nkasohoka nijujuta mvuga nti nari mfite agatekerezo. Kuki ntakamubwiye?”
Bruce Melodie yakomeje agaragaza ko akunda Umukuru w’Igihugu, akamwubaha kandi akamutinya.
Mu birori bisoza umwaka wa 2025, Perezida Kagame yavuze ku ndirimbo Bado ya Bruce Melodie ibyo uyu muhanzi yishimira cyane.
Ati “Narimpari, nabuze aho ndigitira. Kuba Perezida asigaye aha umwanya umuziki wacu akawumva bitwaye igihe. Mpora mvuga ko umuziki ari yo zahabu yonyine dufite, ni ikintu Nigeria icuruza ku rwego bingoye kwibuka Perezida wayo ariko Wizkid ndamwibuka.”
Yakomeje agira ati “Ni isoko y’amafaranga igihugu cyakarebye. Igihe kirageze ko leta idufata nk’ingagi. Umuziki wakurura abakerarugendo benshi.”
Muri iyi minsi, Bruce Melodie ari kubica mu ndirimbo Pom Pom yakoranye na Diamond Platnumz wo muri Tanzania na Brown Joel wo muri Nigeria.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!