Ibi Boukuru yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE.
Ati “Ni ibitaramo nifuza ko byajya biba buri gihembwe. Ni ubwa kabiri ngiye kugikora, ariko umwaka utaha nizeye ko muzajya muba mufite ingengabihe yabyo y’umwaka.”
Uyu muhanzi yatangiye gutegura ibi bitaramo mu Ukwakira 2025. Avuga ko yifuza ko uretse kuba byajya bimufasha gutaramana n’abakunzi be, byajya binaba urubuga rwo kugaragaza impano z’abahanzi bakiri bato.
Boukuru watangije ibi bitaramo, ni umwe mu bahanzi bagezweho muri iyi minsi. Yatangiye kumenyekana cyane mu 2018 ubwo yitabiraga irushanwa rya ArtRwanda-Ubuhanzi, akagera no mu cyiciro cya nyuma.
Nyuma, uyu mukobwa wari umaze kugaragaza impano ye ariko atarasohora indirimbo, yaje gushyira hanze iya mbere yise ‘Indamu’.


















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!