Mu ijoro ryo ku wa 17 Nyakanga 2026 hatambukijwe amashusho ya Boukuru na Esmel. Bombi bitwaye neza ku buryo buri umwe mu bari bagize akanama nkemurampaka yagowe no kwemeza uwaba yarushije undi, umukoro usigarana Josey wari ubafite mu ikipe ye wagombaga guhitamo umwe asigarana.
Josey yahisemo gusigarana Esmel, Boukuru aba asezerewe atyo.
Boukuru akimara kuvamo yashimiye Josey kuba yaramuhaye amahirwe yo gukorana, mu gihe yajyaga kuvuga byinshi amarangamutima aramufata asuka amarira imbere y’abari bagize akanama nkemurampaka.
Ku rundi ruhande iyo uganiriye na bamwe mu bari hafi ya Boukuru bahamya ko nubwo yasezerewe ariko bo batanyuzwe kuko nubwo Esmel yitwaye neza ariko atigeze amurusha, bakajya kure bagahamya amahitamo y’ugize akanama nkemurampaka wagombaga kumutoza ariyo yamugizeho ingaruka.
Umwe mu baganiriye na IGIHE yagize ati “Nibyo bose bitwaye neza, ariko uzirikane ko Josey ari uwo muri ‘Côte d’Ivoire’ ndetse na Esmel wari uhanganye na Boukuru ariho aturuka. Urumva byari bigoye ko yafata uwo mu Rwanda agasiga uw’iwabo.”
Ku rundi ruhande nubwo Boukuru yasigaye, uwitwa Sabrina wari mu ikipe yakoranye na Franglish ahagarariye u Rwanda yabashije kurenga iki cyiciro nyuma yo gutsinda Ebene wo muri Burkina Faso.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!