00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Byagenze bite ngo Boukuru wari witezwe mu gitaramo cya ‘UB40 Ft Ali Campbell’ birangire adakandagiye ku rubyiniro?

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 10 June 2026 saa 07:12
Yasuwe :

Boukuru Christiane wari watangajwe nk’umuhanzi uzaririmba mu gitaramo cya UB40 Ft Ali Campbell i Kigali, byarangiye atabashije kujya ku rubyiniro kubera impamvu z’uko iri tsinda ryageze i Kigali ritinze, aho rihagereye rihindura gahunda zose zari zateguwe.

Mu butumwa bwatambukijwe ku mbuga nkoranyambaga, ubuyobozi bwa BK Arena bwashimiye Boukuru yagaragaje ubunyamwuga mu myiteguro y’iki gitaramo.

Bwavuze ko “Twababajwe no kuba Boukuru atabashije kuririmba mu gitaramo cya UB40 Ft Ali Campbell nk’uko byari biteganyijwe kubera impamvu zatunguranye. Turamushimira byimazeyo ku bunyamwuga bwe budasanzwe, ubushake n’ubwitange yagaragaje mu gihe cyose cyo gutegura iki gitaramo ub. Twishimiye uburyo twakoranye kandi dutegereje kongera gukorana na we mu gihe cya vuba.”

Ku rundi ruhande, amakuru IGIHE yabonye ni uko Boukuru yari muri BK Arena ibintu byose bimuhindukira mu maso kugeza ubwo abwiwe ko atakiririmbye.

Uwaduhaye amakuru yagize ati “Abagabo bageze i Kigali batinze bituma bahindura ibintu byose byari byateguwe bigira ingaruka zo kuba Boukuru yaburijwemo. Byamubabaje cyane kuko ni igitaramo yari yiteguye ukwezi kose ariko nyine nta kundi akwiye kubyakira akaba umuhanzi mukuru.”

Boukuru abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yavuze ko yababajwe bikomeye no kutabasha kuririmba mu gitaramo cya UB40 Ft Ali Campbell ku mpamvu zifamuturutseho cyangwa ngo zituruke kuri BK Arena, icyakora yijeje abakunzi be kuzabataramira mu bihe bizaza.

Ati "Bantu banjye, birambabaje kubamenyesha ko ntashoboye gutaramira imbere yanyu muri iri joro kandi ari njye wari uteganyijwe kubanza kubasusurutsa mbere y’itsinda rya UB40 Ft Ali Campbell. Ibi byatewe n’impamvu zitari zitezwe kandi zitari mu bushobozi bwanjye cyangwa ubwa BK Arena."

Ali Campbell yataramiye i Kigali ku nshuro ye ya mbere
Ntabwo byakunze ngo Boukuru aririmba muri iki gitaramo
Iki gitaramo cyitabiriwe n'abatari bake bihebeye umuziki wa Reggae
Boukuru yari yitezwe ku rubyiniro ariko birangira atarukandagiyeho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages