Yabigarutseho kuri uyu wa 13 Gashyantare 2026, ubwo hasozwaga icyiciro cya Gatatu cy’amarushanwa ya ArtRwanda-Ubuhanzi.
Iki cyiciro cyarangijwe n’abanyempano 46 batoranyijwe muri benshi bari bitabiriye amarushanwa hirya no hino mu gihugu.
Minisitiri Dr. Utumatwishima yavuze ko igihugu kiri gushyira imbaraga mu guteza imbere ubuhanzi hagamijwe guharanira ko bwateza imbere ubukora n’igihugu muri rusange.
Ati “Ndifuza kubwira abahanzi ko natwe tugeze kure gahunda yo guteza imbere ubuhanzi ku buryo, buzagirira akamaro abahanzi ubwabo ariko no kugira uruhare mu bukungu bw’igihugu. Ubu twatangiye kubaka politiki yihariye igenga ubuhanzi ndetse tukagira na gahunda y’ibikorwa y’igihe kirekire y’ubuhanzi.”
Yerekanye kandi hari kuvugururwa Inama y’Igihugu y’Abahanzi kugira ngo igire uruhare mu kurengera abahanzi guhera ku rwego rw’ibanze kugera ku rwego rw’Igihugu ku bufatanye na UNESCO.
Ati “Turi gutegura uburyo tuzagira igice kizayobora abahanzi ubwabo bagizemo uruhare, gikurikije amategeko kandi kigamije kubateza imbere. Turateganya ko bitarenze muri Werurwe 2026 tuzaba dufite amategeko ndetse, abahanzi bazitorera ababayobora kuva ku rwego rw’ibanze kugera ku rwego rw’igihugu.”
Ku bijyanye n’uburyo bwo kugera ku mari, Minisitiri Dr. Utumatwishima, yavuze ko ku bufatanye na Banki ya Kigali hari kubakwa uburyo buzajya bufasha abahanzi kubona amafaranga.
Ati “Umuhanzi ufite igitaramo, uwabonye akazi, azashobora kujya muri banki bamuhe amafaranga [...] Turabitangira bitarenze ukwezi kwa gatatu.”
Yanavuze kandi ko ku bufatanye na BRD umuhanzi ushaka ibikoresho ashobora kuzajya afashwa kubona amafaranga yo kubigura ku nguzanyo, bikazafasha mu iterambere ry’abahanzi.
Ku bijyanye na ‘Monetization’ y’imbuga nkoranyambaga zitandukanye, Minisitiri Dr. Utumatwishima, yavuze ko u Rwanda rubigeze kure.
Ati “Tubigeze kure kandi tuzajya tubagezaho aho bigeze.”
Minisitiri Dr. Utumatwishima, yasabye abahanzi kurangwa n’imyitwarire myiza, kwirinda ibiyobyabwenge no guharanira ko impano zabo zibabyarira umusaruro.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!