Mu gihe inshuro nyinshi usanga umuhanzi muto aningingira abashoramari kumuha urubyiniro ngo yigaragaze, RunUP we yinjiranye mu muziki imyumvire ihabanye n’iyo ya benshi kuko we ahubwo yanga kwitabira ibitaramo atahawe amafaranga kandi yifuza.
Ibi uyu muhanzi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE nyuma y’igihe amaze agezweho ariko akaba ataragaragara na rimwe ku rubyiniro mu gitaramo icyo aricyo cyose.
Ati “Iyo urebye twe mu muziki tuba dukora ishoramari ry’igihe kirekire, rero hari igihe abantu bakwegera bagutumira mu gitaramo wababwira amafaranga ajyanye n’akazi uba wakoze ukumva ntimuhuza.”
RunUp ahamya ko mu gihe haboneka umushoramari bumvikana ku mafaranga (nubwo yanze kuvuga ayo aca abamutumiye), yemeza ko ntacyamubuza kwitabira igitaramo cye cyane ko biba ari amahirwe kuri we guhura n’abafana be akabaririmbira.
Uyu muhanzi uri mu bagezweho mu ndirimbo nka On God yakoranye na Palasso, See na Tsunami aherutse gusohora, ni umwe mu batumiwe muri Gen-Z Comedy itegerejwe ku wa 24 Nyakanga 2025.
Uretse RunUp, iki gitaramo kizanitabirwa na Bushali na we uzasusurutsa abazitabira, mu gihe bazafatanya n’abanyarwenya barimo Killaman, Dogiteri Nsabii n’abandi biganjemo abakuriye muri Gen-Z Comedy.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!