00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bien na Zakes Bantwini bongewe mu gitaramo cya Olamide uri i Kigali

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 30 May 2026 saa 12:00
Yasuwe :

Bien wo muri Kenya na Zakes Bantwini wo muri Afurika y’Epfo bongewe mu gitaramo cya Olamide wamaze kugera i Kigali aho agomba gutaramira muri Zaria Court.

Olamide yageze i Kigali mu ijoro ryo ku wa 29 Gicurasi 2026.

Abari gutegura iki gitaramo bemeje ko cyongewemo Bien umaze kubaka izina mu muziki wa Kenya na Zakes Bantwini, Umunya-Afurika y’Epfo wubatse izina mu ndirimbo nka ‘Osama’ n’izindi.

Aba bahanzi basanze abandi barimo Mike Kayihura, Logan Joe na RLutta n’abahanga mu kuvanga imiziki barimo DJ Marnaud, DJ Sonia na Nicolas Peks.

Iki gitaramo cyiswe ‘Party Next Door: BAL Edition’ gitegerejwe kubera muri Zaria Court ku wa 30 Gicurasi 2026 kirayoborwa na Zuba Mutesi na Rock Try.

Iki gitaramo kiri mu murongo w’ibigamije gushyushya umujyi mu bihe by’imikino ya BAL iri kubera i Kigali kuva ku wa 22-31 Gicurasi 2026.

Bien na Zakes Bantwini bongewe mu gitaramo cya Olamide wamaze kugera i Kigali
Olamide yageze i Kigali mu ijoro ryo ku wa 29 Gicurasi 2026
Olamide wageze i Kigali bwije yahise ajyanwa kuri hoteli kuruhuka ngo aze gutaramira abakunzi be yaruhutse

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages