Ibi Bien Aimé yabigarutseho ubwo yari ageze i Kigali yitabiriye imikino ya BAL azaririmbamo ku wa 22 Gicurasi 2026.
Yabajijwe uko afata abahanzi b’Abanyarwanda cyane ko amaze gukorana n’abarimo Element Eleéeh, Bruce Melodie, Mani Martin n’abandi banyuranye.
Bien Aimé yavuze ko abahanzi bose b’Abanyarwanda ari inshuti ze kandi bimworohera gukorana na bo kuko batamwiyemeraho.
Ati “Abahanzi bose bo mu Rwanda ni inshuti zanjye,bose biroroshye gukorana na bo ni abantu beza cyane. Iyo nkorana n’umuhanzi, ikintu cya mbere ndeba ni uko duhuza tugakorana ibijyanye n’impano ye.”
Aha Bien Aimé yavuze ko umuhanzi wa mbere bimworohera gukorana na we ari Bruce Melodie cyane ko afite impano idasanzwe mu muziki.
Ati “Ntekereza ko Bruce Melodie ari umwe mu baririmbyi bafite impano ikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba, ndetse nabivuga ntatinya ko nta wundi muhanzi umurusha kuririmba.”
Ku rundi ruhande Bien Aimé yavuze ko mu mboni ze nta muntu utunganya imiziki urusha Element Eleéeh, gufata no gutunganya indirimbo muri Afurika y’Iburasirazuba.
Ati “Si ibyo kuvuga mu Rwanda gusa, ndavuga mu karere kose. Element Éléeh ni umusore muto cyane ariko ufite ubumenyi n’ubuhanga bw’umuntu ukuze.”
Nubwo yikije kuri Bruce Melodie na Element Eleéeh, Bien Aimé yavuze ko mu Rwanda ahafite inshuti zikomeye ndetse banakoranye indirimbo nubwo zitarasohoka barimo Kivumbi King na Mike Kayihura.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!